Umuhanzi w’Umunyarwanda Elvin Cena yanditse amateka mashya mu muziki nyarwanda, nyuma y'uko indirimbo ye “Let Me Be” ifashe umwanya wa mbere ku rutonde rwa Billboard U.S. Afrobeats Songs.
Ibi ni ubwa mbere bikozwe n'umuhanzi w'umunyarwanda.
Cena ni umuhanzi ukiri muto, dore ko afite w’imyaka 21 gusa. Akaba akorera ibikorwa bye by'umuziki i Burayi aho yiga mu Bufaransa.
Indirimbo “Let Me Be” yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI).
Cena yafunguye shene nshya ashyiraho iyi ndirimbo, yiyita “The Second Voice”. Iyo shene itandukanye n’iyo yari asanzwe akoresha, gusa indirimbo itangiye gukundwa cyane nyuma y'uko yongeyeho izina yarasanzwe akoresha mu muziki.
Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa isohotse, iyi ndirimbo imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 9.7 kuri YouTube, ndetse ikaba iri no gukoreshwa cyane ku mbuga nkoranyambaga zirimo TikTok n'izindi.
Bruce Melodie ni we wari umaze kugera kuri uru rutonde, abikesha indirimbo “When She’s Around” yakoranye na Shaggy, aho yigeze kugera ku mwanya wa 20.
Billboard ni ikigo cyashinzwe mu 1894 na William Donaldson ndetse na James Hennegan bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Gishyira ahagaragara urutonde rw’indirimbo n’album zikunzwe cyane hashingiwe ku igurishwa ryazo, uko zicurangwa kuri radiyo, ndetse n’uko zumvwa ku mbuga z’itandukanye.
Umukinnyi wa ruhago, Alex Iwobi, yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze EP ye ya mbere yise “More To Life”, ikazaru...
Umuhanzi Massamba Intore yashimishije abitabiriye igitaramo cye yise “3040 Ubutore Concert” cyabereye muri BK Arena ku mugor...
Inzu itunganya umuziki ikanareberera inyungu z'abahanzi, Kina Music, yatangaje ko yasinyishije umuhanzikazi Zuba Ray.
Umuhanzi Yampano yagaragaje ko umuziki Nyarwanda ukorwa muburyo bwa ‘magendu’ bitewe n’inzira zikoreshwa mu guha abahanzi ak...
Umuhanzi Davis D yahinduye amatariki y'igitaramo cye yise 'Shine Boy Fest' agishyira tariki 29 Ukwakira 2024.