Follow
Amagaju yatsindiye APR i Huye igitego 1-0 mu mukino wasoje ibanza ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwannda wabaye kuri iki Cyumweru.
Wari umukino w’ikirarane w’umunsi wa 15 wabereye kuri Stade Huye mu birori bya ruhago byabereye muri aka Karere ko mu Majyepfo y’u Rwanda mu mpeza z’iki cyumweru, dore ko kakiriye imikino ibiri yibirarane ya shampiyona.
Ndayishimiye Edouard, ukomoka mu Burundi, ni we wahesheje Amagaju iyi itsinzi iremereye ku gitego yatsinze ku munota wa 55.
Yafashije Amagaju kubona itsinzi ya mbere mu mateka yayo imbere ya APR.
Ni inshuro ya kabiri APR itsinzwe muri shampiyona y’uyu mwaka, nyuma yo guterwa mpaga na Gorilla kubera gukinisha umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga urenze uwemewe n’amategeko ya shampiyona.
Iyi tsinzwi yatumye APR isoza imikino ibanza iri ku mwanya ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 31, aho irushwa amanota atanu na mukeba wayo, Rayon Sports, iri ku mwanya wa mbere.
Amagaju yahise afata umwanya wa munani ku rutonde rwa shampiyona, aho ifite amanota 21, inganya na Mukura ndetse na Rutsiro, ziri ku mwanya wa karindwi n’uwa gatandatu.
Photo: Amarangamutima yari yose kuri Ndayishimiye Edouard (uhetswe mu mugongo) wahesheje Amagaju itsinzi.
APR yisanze mu itsinda B rya CECAFA Kagame Cup 2025, aho iri kumwe na NEC yo muri Uganda, Bumamuru yo mu Burundi, ndetse na ...
Umunyamabanga w’inama y’ubutegetsi ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yabwiye B&B Kigali ko umushinga w’iyi kipe w’akany...
Umukandida rukumbi ku mwanya wo kuyobora Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yavuze ko icy...
Rwanda Premier League yatangaje ko shampiyona y'u Rwanda ya ruhago y'umwaka w'imikino wa 2025-26 izatangira tariki 12 Nzeri ...
APR FC yatomboye Pyramids, yegukanye irushanwa riheruka, mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, nk'uko byavuye muri...