Follow
APR yatsinzwe na Mukura igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w'umunsi wa 18, wabereye kuri Sitade Huye kuri iki Cyumweru, tariki 23 Gashyantare 2025, bituma inanirwa gusatira Rayon Sports.
Igitego cyatsinzwe na Malanda Destin ku munota wa 19 ni cyo cyahesheje Mukura amanota atatu, ihita yuzuza amanota 27 aho iri ku mwanya wa gatandatu.
APR yinjiye muri uyu mukino isabwa gutsinda gusa kugira ngo igabanye ikinyuranyo cy'amanota ari hagati yayo na mukeba wayo, Rayon Sports, yanganyirije i Huye na Amagaju ku munsi wejo.
Gusa iyi kipe, itozwa na Darko Novic, yananiwe gukomeza kwatsa igitutu kuri Rayon Sports, dore ko iyo ibona intsinzi yari gusigara irushwa inota rimwe.
Malanda Destin yatsindiye Mukura, yari yakiriye umukino, nyuma yo guhabwa umupira na Jordan Dimbumba, wabanje kunyura hagati ya Yussif Dauda na Niyomugabo Claude, maze ahereza umupira uyu rutahizamu, ukomoka muri DRC, wahise atera mu izamu.
Umutoza Darko Novic yakoze impinduka enye mbere y'uko igice cya kabiri gitangira, aho yakuyemo Denis Omedi, Ruboneka Jean Bosco, Lamine Bah, na Seidu Dauda, ashyiramo Mamadou Sy, Mugisha Gilbert, Niyibizi Ramadhan, na Nshimirimana Ismail.
Icyakora biba iby'ubusa, dore ko abasore ba Afhamia Lofti bihagazeho batahana amanota atatu.
Uyu ni umukino wa gatatu APR itsinzwe muri shampiyona y'uyu mwaka w'imikino, nyuma yo gutsindwa na Amagaju ndetse ikanaterwa na mpaga na Gorilla.
Iyi kipe y'Ingabo z'u Rwanda yagumye ku mwanya wa kabiri, aho afite amanota 37 mu mikino 18 imaze gukina, irushwa na Rayon Sports, iyoboye urutonde, amanota ane.
APR izakurikizaho Police ku wa Gatandatu, tariki 1 Werurwe 2025 kuri Kigali Pele Stadium.
APR yisanze mu itsinda B rya CECAFA Kagame Cup 2025, aho iri kumwe na NEC yo muri Uganda, Bumamuru yo mu Burundi, ndetse na ...
Umunyamabanga w’inama y’ubutegetsi ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yabwiye B&B Kigali ko umushinga w’iyi kipe w’akany...
Umukandida rukumbi ku mwanya wo kuyobora Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yavuze ko icy...
Rwanda Premier League yatangaje ko shampiyona y'u Rwanda ya ruhago y'umwaka w'imikino wa 2025-26 izatangira tariki 12 Nzeri ...
APR FC yatomboye Pyramids, yegukanye irushanwa riheruka, mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, nk'uko byavuye muri...