Follow
Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi Ayabonga Lebitsa yamaze kumvikana na Rayon Sports kugira ngo yongere ayigarukemo, nyuma y'ukwezi kurenga batandukanye.
Amakuru agera kuri B&B Kigali avuga ko uyu mutoza, ukomoka muri Afurika y'Epfo, ararara ageze i Kigali, agahita ahabwa amasezerano mashya.
Ayabonga yatandukanye na Rayon Sports mu mpera z'Ukuboza 2024 ku busabe bwe, nyuma y'umwaka umwe n'igice yari ayimazemo, aho yasezeye ikipe ayibwira ko agiye kubera impamvu z'umuryango zirimo kurwaza umugore we.
Gusa icyo gihe B&B Kigali yamenye ko bimwe mu byatumye Ayabonga asezera Rayon Sports birimo ko uyu mutoza yabonaga atemerwa n'umutoza mukuru Robertinho, wifuzaga ko asimburwa.
Robertinho, uzwiho gukunda gukorana n'abantu bamenyeranye byumwihariko abo bakoranyeho mbere, yifuzaga ko yakorana na Hategekimana Corneille, wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Gasogi United icyo gihe, bari barakoranye mu makipe nka Simba yo muri Tanzania mu 2023.
Ndetse byaje kurangira Hategekimana ari we usimbuye Ayabonga muri Rayon Sports.
Nyuma y'iminsi Ayabonga asezeye kuri Rayon Sports, ubuyobozi bw'ikipe bwongeye kumuganiriza, dore ko mu gihe bamaranye bwishimiye umusaruro yatanze ndetse akaba akundwa n'abakinnyi b'iyi kipe, bumusaba ko yagaruka.
Mu ntangiriro z'uku kwezi Perezida Twagirayezu Thaddée yabwiye itangazamakuru ko bamaze igihe bari kuganiriza Ayabonga kugira ngo agaruke mu ikipe.
Biteganyijwe ko Hategekimana, wari warasimbuye Ayabonga, ahita ashyirwa muri Rayon Sports y'abagore.
APR yisanze mu itsinda B rya CECAFA Kagame Cup 2025, aho iri kumwe na NEC yo muri Uganda, Bumamuru yo mu Burundi, ndetse na ...
Umunyamabanga w’inama y’ubutegetsi ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yabwiye B&B Kigali ko umushinga w’iyi kipe w’akany...
Umukandida rukumbi ku mwanya wo kuyobora Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yavuze ko icy...
Rwanda Premier League yatangaje ko shampiyona y'u Rwanda ya ruhago y'umwaka w'imikino wa 2025-26 izatangira tariki 12 Nzeri ...
APR FC yatomboye Pyramids, yegukanye irushanwa riheruka, mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, nk'uko byavuye muri...