Follow
Byiringiro Lague yavuze ko impamvu amaze igihe adahamagarwa mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' ari uko umutoza mukuru atashimye imikinire ye, ashimangira ko nta kibazo bafitanye.
Uyu rutahizamu wa Sandvikens IF yagize ati "Numva haricyo umutoza atambonyemo abona ku bandi dukina ku mwanya umwe."
Byiringiro yagaragaje ko ikibazo cyabayeho hagati ye n'umutoza mukuru, Frank Torsten Spittler, ari uburyo yitwaye mu mukino wa gicuti u Rwanda rwatsinzemo Madagascar ibitego 2-0 tariki 25 Werurwe 2024, aho uyu mukinnyi yakubise agacupa hasi kubera umujinya ubwo yari amaze gusimbuzwa.
Gusa avuga ko ibyo byose byarangiye kubera ko yanasabye imbabazi umutoza Torsten, ndetse bakaba banaganira.
Yagize ati “Iyo umuntu arakaye akora amakosa aba atateganyije ariko byararangiye.”
Muri icyo kiganiro Byiringiro yagiranye n'urubuga rwa YouTube rwitwa Jako Media Show, yavuze ko mu mpera z'uyu mwaka w'imikino ashobora gutandukana na Sandvikens IF, yo mu cyiciro cya kabiri muri Sweden.
Yagize ati "Abafana bange bitege ko muri uyu mwaka ndajya mw'ikipe ikomeye, mbahishiye ibintu byiza."
APR yisanze mu itsinda B rya CECAFA Kagame Cup 2025, aho iri kumwe na NEC yo muri Uganda, Bumamuru yo mu Burundi, ndetse na ...
Umunyamabanga w’inama y’ubutegetsi ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yabwiye B&B Kigali ko umushinga w’iyi kipe w’akany...
Umukandida rukumbi ku mwanya wo kuyobora Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yavuze ko icy...
Rwanda Premier League yatangaje ko shampiyona y'u Rwanda ya ruhago y'umwaka w'imikino wa 2025-26 izatangira tariki 12 Nzeri ...
APR FC yatomboye Pyramids, yegukanye irushanwa riheruka, mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, nk'uko byavuye muri...