Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no gutunga ibiyobyabwenge.
Bill Ruzima, wamamaye cyane mu itsinda rya Yemba Voice, yatawe muri yombi ku wa Gatandatu, tariki 15 Ugushyingo 2025, ndetse akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry.
Uyu muhanzi, uzwi mu kugira ubuhanga mu miririmbire ndetse n’imyandikire, ni umwe mu baciye mu ishuri ry’umuziki ryahoze ku Nyundo ubu rikaba ryarimukiye mu Karere ka Muhanga.
Bill Ruzima asigaye akora umuziki ku giti cye nyuma y’uko Yemba Voice, yari ahuriyemo na Kenny Sol ndetse na Mozzy Yemba Boy, risenyutse mu mpera za 2018.
Uyu muhanzi ni umwe mu bakunzwe kubera ijwi ndetse n’imiririmbire yihariye mu njyana ya Afro Acoustic.
Zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo Imana y’Abakundana, Abana Bari Imuderi, Munda y’Isi, n’izindi.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Umuhanzikazi Teyana Taylor yahishuye ko kubyara biri mu bifasha umubiri we gutera neza.
Teyana,...