Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no gutunga ibiyobyabwenge.
Bill Ruzima, wamamaye cyane mu itsinda rya Yemba Voice, yatawe muri yombi ku wa Gatandatu, tariki 15 Ugushyingo 2025, ndetse akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry.
Uyu muhanzi, uzwi mu kugira ubuhanga mu miririmbire ndetse n’imyandikire, ni umwe mu baciye mu ishuri ry’umuziki ryahoze ku Nyundo ubu rikaba ryarimukiye mu Karere ka Muhanga.
Bill Ruzima asigaye akora umuziki ku giti cye nyuma y’uko Yemba Voice, yari ahuriyemo na Kenny Sol ndetse na Mozzy Yemba Boy, risenyutse mu mpera za 2018.
Uyu muhanzi ni umwe mu bakunzwe kubera ijwi ndetse n’imiririmbire yihariye mu njyana ya Afro Acoustic.
Zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo Imana y’Abakundana, Abana Bari Imuderi, Munda y’Isi, n’izindi.
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...
Umuhanzikazi Temilade Openiyi, uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya mu muziki we, aho yabaye umuhanzikazi wa mbere ukomoka...
Adedeji Adeleke, se w’umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido, yahishuye ko ibizamini bitanu bya DNA byakozwe...
Umuhanzi w’icyamamare muri Afrobeats, Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi nka Wizkid, yongeye gukurura impaka zikomeye ku mbuga nko...