Umuhanzi Usher na Justin Bieber bari kuvugwa kumbuga nkoranya mbaga cyane nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko bagiranye impaka zikomeye mu birori byabaye nyuma y'ibihembo bya Oscars.
Ibyo birori (afterparty) byari byateguwe n'umuraperi Jay-Z ndetse n'umugore we Beyoncé, aho byitabiriwe n’ibyamamare byinshi byo ku rwego mpuzamahanga.
Amakuru dukesha ikinyamakuru TMZ avuga ko aba bahanzi bombi “bavuganye nabi”, ibintu byatunguye benshi bitewe n’uko basanzwe bafitanye amateka yihariye mu muziki.
Usher azwi cyane nk’umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kuzamura Justin Bieber mu ntangiriro z’umwuga we, aho yamufashije kwinjira neza mu ruganda rw’umuziki mpuzamahanga.
Nubwo ayo makuru yakwirakwiye cyane, kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye ayo makimbirane, ndetse nta n’umwe muri aba bahanzi uragira icyo abitangazaho ku mugaragaro.
Usher na Justin Bieber bahuriye mu mishinga itandukanye, yaba mu mikoranire y’indirimbo ndetse no mu guteza imbere impano ya Bieber. Binyuze muri Raymond Braun Media Group, Usher yafashije Bieber kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, banakorana indirimbo zakunzwe zirimo Somebody To Love (Remix).
Ibi byose byagize uruhare rukomeye mu kumwubakira izina rikomeye mu muziki no kumushyira ku isoko mpuzamahanga.
Umuhanzi w’icyamamare Bruno Mars yashyize umucyo ku makuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja guse...
Umuhanzi R. Kelly, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukorwaho iperereza muri gereza y’ i North Carolina afungiyemo,...
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...
Umuhanzikazi Temilade Openiyi, uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya mu muziki we, aho yabaye umuhanzikazi wa mbere ukomoka...