Umuhanzi Nyarwanda Bruce melody agiye gukorana indirimbo n'itsinda ry'abahanzi bakomoka muri Afurika yepfo, Black Diamond.
Abinyujije k'urubuga rwe rwa Instagram, Bruce melody yahishuye ko afitanye indirimbo na Blaq Diamond aho yashyize ifoto hanze yerekana amajwi y'iyo ndirimbo, hanyuma ayiherekesha amagambo agira ati "Bruce X Blaq Diamond.'
Iyi ndirimbo ikaba yaratunganyijwe mu buryo bw'amajwi na Producer Element, nawe ubarizwa mu nzu ireberera inyungu z'abahanzi ya 1:55 AM. Gusa ntiharamenyekana igihe iyi ndirimbo izasohokera.
Bruce Melody ari gushyira imbaraga cyane mu kwagura umuziki we akawugeza ku ruhando mpuzamahanga, aho muri iyi myaka ari gukorana cyane indirimbo n'abahanzi batandukanye bo hanze y'u Rwanda.
Uyu muhanzi yaherukaga gukorana indirimbo ''Iyo Foto" n'umuhanzi w'umunya-Kenya, Bien, wahoze muri Sauti Sol, muri Nzeri uyu mwaka.
Blaq Diamond ni itsinda rigizwe n'abasore babiri, Ndumiso Mdletshe na Sphelele Dunywa. Zimwe mu ndirimbo z'iri tsinda zamenyekanye zirimo "Summer YoMuthi" ryasohoye mu 2020.
Photo: Itsinda Blaq Diamond, rigizwe na Ndumiso Mdletshe na Sphelele Dunywa, rigiye gukorana indirimbo na Bruce Melody.
Umuhanzi Usher na Justin Bieber bari kuvugwa kumbuga nkoranya mbaga cyane nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko bagiranye impaka...
Umuhanzi w’icyamamare Bruno Mars yashyize umucyo ku makuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja guse...
Umuhanzi R. Kelly, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukorwaho iperereza muri gereza y’ i North Carolina afungiyemo,...
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...