Umuhanzi Burna boy, ukomoka muri Nigeria, yatangaje ko azataramira mu mujyi wa Nairobi mu gihugu cya Kenya tariki 1 Werurwe 2025, nkuko yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.
Ni ku nshuro ya kabiri Damini Ebunoluwa Ogulu, uzwi nka Burna Boy, agiye gutaramira abanya-Kenya, dore ko yaherukaga muri iki gihugu mu 2018 ubwo yari mu bitaramo yise 'Life On The Outside Tour.'
Agiye gusubira muri Kenya nyuma y'uko abakunzi b'uyu muhanzi mu bihe bitandukanye bagiye bagaragaza kenshi ko bifuza ko yaza kubataramira.
Mu mwaka wa 2022, umunya-Kenya witwa Shanki Austin yanditse ubutumwa kuri X agaragaza ko afite inyota yo kubona Burna Boy ataramira abanya-Kenya.
Yagize ati "Ese hari umuntu utegura ibirori ushobora kuzana Burna Boy muri Kenya? Niteguye gutanga ibihumbi 10 by'amashilingi ya Kenya (asaga ibihumbi 106 by'amafaranga y'u Rwanda) ku itike isanzwe kugira ngo ndebe uko akora".
Akimara gushyira ubu butumwa k'urukuta rwe rwa X, Umunyarwenya akaba n'umushyushyarugamba (MC) Ofweneke yavuze ko hashyizweho ingufu nyinshi ngo Burna Boy aze muri Kenya, gusa agaragaza ko uyu muhanzi asaba ibya mirenge.
Ofweneke yagaragaje ko habayeho ibiganiro na nyina wa Burna Boy akaba n'umureberera inyungu (Manager) ku birebana n'ibirori byo kwizihiza umwaka mushya, maze abasaba angana na miliyoni 70 z'amashilingi ya Kenya (asaga miliyoni 742 z'amafaranga y'u Rwanda).
Burna Boy kandi asaba indege yigenga (private jet) irimo we n'umuyobozi wayo bonyine, amatike y'indege 14 y'itsinda rye, hoteli y'inyenyeri enye cyangwa eshanu ifite icyumba nyobozi cyo kubamo abantu banywa itabi, ibyumba bibiri bito bito, ibyumba bitandatu by'uruganiriro by'abantu bafite indorerwamo nini, n'ibindi.
Kugeza ubu ntiharamenyekana niba ibyo yasabaga muri 2022 aribyo bamuhaye kuri iyi nshuro.
Burna Boy yataramiye i Kigali muri Gicurasi 2019 mu bitaramo byitwaga "BURNA BOY XPERIENCE."
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...