Umuhanzi w'ikirangirire muri Afrobeats, David Adedeji Adeleke wamenyekanye cyane nka Davido yaburiye abanya-Amerika b'abirabura kubijyanye no gushishikarira kuza gutura muri Afurika, avuga ko atari byiza ko bagaruka kuri uyu mugabane.
Nkuko tubikesha Naija News, ubwo Davido yari mu kiganiro cyitwa "The Big Homies House Podcast" yagaragaje ugushidikanya kuri iki gitekerezo bitewe n'ibibazo byugarije Afurika, byumwihariko igihugu akomokamo cya Nigeria.
Mu gusubiza ikibazo cy'uwari uyoboye ikiganiro ku bijyanye n'Abanyamerika b'abirabura bashaka gusubira mu bihugu bafitemo inkomoko, Davido yasubije agira ati "Wasiga Amerika ukajya he?"
Davido yagaragaje ibibazo by'ingutu birimo iby'ubukungu nka bimwe mu bikizahaje ibihugu byinshi byo muri Afurika.
Ashingiye ahanini k'ubunararibonye afite nk'umuntu wakuriye muri Nigeria nyuma yo kuvukira i Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, uyu muhanzi, uherutse kuzuza imyaka 32, yongeyeho ati “Ntabwo ari byiza gusubira mu rugo…..Ubu ubukungu bwifashe nabi.”
Umukinnyi wa filime, Nyambo Jesca, yongeye kunyomoza ibivugwa ko akundana n'umubyini Titi Brown, anashyira umucyo ku mubano ...
Umukinnyi wa filime akaba n'umuhanzi, Niyitegeka Gratien, wamamaye nka Papa Sava, yahishuye uko yinjiye mu mwuga wo gukina f...
Umukinnyi wa Los Angeles Clippers, Kawhi Leonard, wegukanye ibikombe bibiri bya NBA, ndetse n'umuhanzikazi w'umunya-Nigeria ...
Polisi y'u Rwanda yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze i...
Umuhanzi w'ikirangirire John Roger Stephens, wamenyekanye nka John Legend, yageze i Kigali mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu...