Umuhanzi w'ikirangirire muri Afrobeats, David Adedeji Adeleke wamenyekanye cyane nka Davido yaburiye abanya-Amerika b'abirabura kubijyanye no gushishikarira kuza gutura muri Afurika, avuga ko atari byiza ko bagaruka kuri uyu mugabane.
Nkuko tubikesha Naija News, ubwo Davido yari mu kiganiro cyitwa "The Big Homies House Podcast" yagaragaje ugushidikanya kuri iki gitekerezo bitewe n'ibibazo byugarije Afurika, byumwihariko igihugu akomokamo cya Nigeria.
Mu gusubiza ikibazo cy'uwari uyoboye ikiganiro ku bijyanye n'Abanyamerika b'abirabura bashaka gusubira mu bihugu bafitemo inkomoko, Davido yasubije agira ati "Wasiga Amerika ukajya he?"
Davido yagaragaje ibibazo by'ingutu birimo iby'ubukungu nka bimwe mu bikizahaje ibihugu byinshi byo muri Afurika.
Ashingiye ahanini k'ubunararibonye afite nk'umuntu wakuriye muri Nigeria nyuma yo kuvukira i Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, uyu muhanzi, uherutse kuzuza imyaka 32, yongeyeho ati “Ntabwo ari byiza gusubira mu rugo…..Ubu ubukungu bwifashe nabi.”
Umuhanzi Usher na Justin Bieber bari kuvugwa kumbuga nkoranya mbaga cyane nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko bagiranye impaka...
Umuhanzi w’icyamamare Bruno Mars yashyize umucyo ku makuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja guse...
Umuhanzi R. Kelly, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukorwaho iperereza muri gereza y’ i North Carolina afungiyemo,...
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...