Umuhanzi w'ikirangirire muri Afrobeats, David Adedeji Adeleke wamenyekanye cyane nka Davido yaburiye abanya-Amerika b'abirabura kubijyanye no gushishikarira kuza gutura muri Afurika, avuga ko atari byiza ko bagaruka kuri uyu mugabane.
Nkuko tubikesha Naija News, ubwo Davido yari mu kiganiro cyitwa "The Big Homies House Podcast" yagaragaje ugushidikanya kuri iki gitekerezo bitewe n'ibibazo byugarije Afurika, byumwihariko igihugu akomokamo cya Nigeria.
Mu gusubiza ikibazo cy'uwari uyoboye ikiganiro ku bijyanye n'Abanyamerika b'abirabura bashaka gusubira mu bihugu bafitemo inkomoko, Davido yasubije agira ati "Wasiga Amerika ukajya he?"
Davido yagaragaje ibibazo by'ingutu birimo iby'ubukungu nka bimwe mu bikizahaje ibihugu byinshi byo muri Afurika.
Ashingiye ahanini k'ubunararibonye afite nk'umuntu wakuriye muri Nigeria nyuma yo kuvukira i Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, uyu muhanzi, uherutse kuzuza imyaka 32, yongeyeho ati “Ntabwo ari byiza gusubira mu rugo…..Ubu ubukungu bwifashe nabi.”
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...
Umuhanzikazi Temilade Openiyi, uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya mu muziki we, aho yabaye umuhanzikazi wa mbere ukomoka...
Adedeji Adeleke, se w’umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido, yahishuye ko ibizamini bitanu bya DNA byakozwe...
Umuhanzi w’icyamamare muri Afrobeats, Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi nka Wizkid, yongeye gukurura impaka zikomeye ku mbuga nko...