Indirimbo nshya yiswe “Ayayaah” ihuriwemo n’abahanzi batatu bari mu beza muri Afurika y’Iburasirazuba, Element Eleeeh wo mu Rwanda, Bien-Aimé Sol wo muri Kenya, ndetse na Joshua Baraka wo muri Uganda, yamaze kujya hanze mu buryo bw’amajwi.

Iyi ndirimbo yari imaze igihe itegerejwe na benshi, cyane cyane abakunzi b’umuziki wo muri aka karere, bitewe n’uko aba bahanzi bose bafite izina rikomeye ndetse banazwiho guhuza injyana zigezweho n’ubuhanga buhambaye.

Aba bahanzi kandi bahuriye ku kuba bazwiho kugira amajwi akundwa na benshi.

“Ayayaah” yamaze gushyirwa ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki zirimo Spotify, Audiomack ndetse n'ahandi, aho abakunzi b’umuziki bashobora kuyumva no kuyisangiza abandi.