Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco, wamamaye nka Fatakumavuta, yakatiwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.
Nyuma yuko ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bushingiraho busaba ko Fatakumavuta akomeza gukurikirana afunzwe, ndetse no gukomeza gukorwaho iperereza ku byaha akurikiranyweho, Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko Fatakumavuta akomeza gukurikiranwa afunze mugihe kingana n'iminsi 30.
Ibyaha uyu mugabo akurikiranyweho n'Ubushinjacyaha birimo gukangisha gusebanya, kubuza amahwemo, gukoresha ibiyobyabwenge, ndetse n'ivangura.
Muri uru rubanza hagaragajwe ko abatanze ibirego ari umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, Muyoboke Alex, Habiyambere Jean Paul uzwi nka Bahati Makaca, ndetse na Ngabo Gilbert Medard uzwi nka Meddy.
Abo bose barega Fatakumavuta kubabuza amahwemo mu bihe bitandukanye yagiye akora ibiganiro ku miyoboro ya YouTube.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...