Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i Castroville, Texas.
Polisi ya Texas yatangaje ko Duarte yarashwe nyuma kugaragaza imyitwarire idasanzwe igamije kugirira nabi abaturage, aho bivugwa ko yari afite icyuma.
Duarte yari yarigeze kugira ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe maze ajyanwa mu kigo gito cyita ku bafite ibibazo byo mu mutwe, gusa aza kugaruka mu mwuga wo guteka nyuma yo gukira – mu bihe bya COVID-19.
Yari amaze imyaka icyenda ashyingiranywe n'umugore we Jessica, ndetse bari bafitanye umwana w'umukobwa w’imyaka 6 witwa Oakley.
Mu mwaka wa 2019, Duarte yafunguye urubuga rwa Instagram “foodwithbearhands”, aho yamenyekanye cyane asangiza abantu amashusho y’ibyo ateka, maze bimuhesha abakunzi benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Duarte yagize yakurikiranwaga n’abarenga 843,000 kuri Instagram, ndetse’abarenga 800,000 kuri TikTok.
Ikindi kandi, yateguraga ibirori, aho rimwe na rimwe yakoranaga n’abandi bantu bazwi ku mbuga nkoranyambaga.
Photo: Michael Duarte, wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana arashwe.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Teyana Taylor yahishuye ko kubyara bituma agira imiterere myiza Umuhanzikazi Teyana Taylor yahishuye ko kubyara biri mu bifasha umubiri we gutera neza.Teyana,...
Umuhanzikazi Teyana Taylor yahishuye ko kubyara biri mu bifasha umubiri we gutera neza.
Teyana,...