Umuhanzikazi Teyana Taylor yahishuye ko kubyara biri mu bifasha umubiri we gutera neza.
Teyana, ukina na filime ndetse akaba n'umubyini, yavuze ko buri mwana abyaye amufasha kurushaho kugira umubiri mwiza n'imbaraga.
Ubwo yaganiraga na TMZ, uyu muhanzikazi, ukomoka i New York muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, yongeyeho ko gukora imyitozo ngororamubiri nabyo biri mu bimufasha kugira imiterere myiza.
Yagize ati "Buri mwana mbyaye atuma umubiri wanjye ukomera." Yongeyeho ko kubyina nabyo biri mu bimufasha kugira umubiri uteye neza.
Imiterere ya Teyana w'imyaka 34 ikunze kuvugisha benshi, byumwihariko kugira mu nda hato kandi hakomeye (abdominal muscles), dore ko umubiri we utigeze ugaragarwaho kubyibuha cyane nyuma yo kubyara.
Teyana afite abana babiri b'abakobwa, Iman Junie Tayla Shumpert Jr w'imyaka 10 na Rue Rose Shumpert w'imyaka itanu.
Abo bombi yababyaranye n'uwahoze akina muri NBA, Iman Shumpert, batandukanye muri 2023 nyuma y'imyaka irindwi bari kumwe.
Kuri ubu, Teyana ari mu munyenga w'urukundo n'umukinnyi wa filime, Aaron Pierre, guhera mu ntangiriro z'uyu mwaka ubwo aba bombi batangiye kugaragara mu ruhame bari kumwe.
Photo: Teyana Taylor ubu ari mu rukundo n'umukinnyi wa filime, Aaron Pierre.
Photo: Imiterere ya Teyana Taylor ivugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...