Umuhanzi Davis D yahinduye amatariki y'igitaramo cye yise 'Shine Boy Fest' agishyira tariki 29 Ukwakira 2024.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Davis D yagaragaje ko yegeje imbere iki gitaramo kubera amashyushyu agifitiye.
Ati: "Sinashoboraga gutegereza igihe kirekire, kubera ibyiza mbateganyirije, n'ukuntu nkumbuye gutaramira abafana banjye, negeje igitaramo imbere. Mwitegure ijoro ritazibagirana."
Iki gitaramo, Davis D giteganyijwe kubera muri 'Camp Kigali, ahasanzwe habera ibitaramo bitandukanye. Uyu muhanzi azanizihirizamo imyaka 10 amaze akora umuziki.
Kugeza ubu Bulldog niwe muhanzi wenyine umaze gutangazwa uzafasha Davis D muri iki gitaramo, gusa byitezwe ko Bushali na Platini nabo bari mu bazifashisha, dore ko banakoranye indirimbo.
Hari n'amakuru avuga ko uyu muhanzi azifashisha umuhanzi ukomoka hanze y'u Rwanda.
Davis D, uri mu bahanzi bakunzwe cyane muri iki gihe mu Rwanda, aherutse gushyira hanze indirimbo yise 'Jeje' yahuriyemo n'umuhanzi Platini.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...