Follow
Umuhanzi Massamba Intore yashimishije abitabiriye igitaramo cye yise “3040 Ubutore Concert” cyabereye muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 31 Kanama 2024.
Ni igitaramo Massamba yateguye mu rwego rwo kwizihiza imyaka 40 amaze akora umuziki ndetse n'imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, aho yanatanze umusanzu muri urwo rugendo nk’umuhanzi.
Uvuze ko iki gitaramo kiri mu bya Gakondo bimaze kwitabirwa cyane muri iki gihugu ntiwaba wibeshye, dore ko ubwitabire bwari hejuru.
Iki gitaramo, cyatangiye ahagana ku isaha ya saa 20:00 kigasozwa saa Sita z’ijoro, cyatangijwe n'igikorwa cyo kumurika imideli mbere y’uko DJ GRVNDLVNG ashyushya abari bitabiriye. Umuhanzi Ariel Wayz niwe wabimburiye abandi bahanzi kugera ku rubyiniro, akurikirwa na Ruti Joel wagaragajwe urukundo cyane n’abari bitabiriye igitaramo.
Ruti yahise yakira Massamba Intore, weretswe urukundo rwinshi ubwo yageraga ku rubyiniro.
Massamba, ufatwa nk’umubyeyi w’injyana ya Gakondo mu Rwanda, yataramiye abari bitabiriye birandita mu ndirimbo zitandukanye zamenyekanye zirimo “Araje”, “Ari hehe”, “Amarebe” na “Imihigo y'imfura”, n’izindi.
Uyu muhanzi, wanyuzagamo akanasanga abitabiriye mu byicaro byabo, kandi yafatanyije n'umukobwa we Ikirezi Deborah utuye muri Canada kuririmba indirimbo "Amatage".
Bamwe mu bandi bahanzi bagaragaye ku rubyiniro muri iki gitaramo barimo; Josh Ishimwe, Jules Sentore, Ibihame by’Imana, na Teta Diana.
Indirimbo “U Rwanda Mureba” Massamba yahuriyemo na Dj Marnaud niyo yasoje iki gitaramo. Iyi ndirimbo, yasohotse mu gihe cyo kwamamaza umukuru w’igihugu, yishimiwe nabenshi, aho aba bahanzi babiri bayiririmbaga banayibyina bari gufashwa n’abarimo Ruti Joel.
Massamba kandi yahawe impano y’ifoto ye ari kumwe na Perezida Kagame, yafashwe mu 2017, ubwo iki gitaramo cyaganaga ku musozo.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...