Umuhanzi Moctar, ukomoka muri Niger, yegukanye Secret Story Afrique, mu gihe umuhanzikazi France Mpundu wari uhagarariye u Rwanda yabaye uwa kane.
Secret Story Afrique ni ikiganiro (reality show) gitambuka kuri televiziyo, aho gihuza abahanzi baturutse mu bihugu byo muri Afurika bikoresha Igifaransa, maze bagahatana hagendewe ku myitwarire yabo muri icyo kiganiro.
Moctar wegukanye Secret Story yatahanye miliyoni 20 z’ama CFA (arenga miliyoni 52 Frw). Uyu muhanzi yanambikiye impeta France Mpundu muri Secret Story.
France Mpundu yari umwe mu bahanzi bageze mu cyiciro cya nyuma, aho yari ahanganye na Moctar, Mousa, Joel ndetse na Sarah, gusa birangira asoreje ku mwanya wa kane.
Icyakora nubwo ategukanye igihembo nyamukuru, France Mpundu yishimiwe na benshi bitewe n’uburyo yitwaye neza, bigatuma anagera kure.
Urugendo rwe muri Secret Story rwamuhaye amahirwe yo kumenyekana cyane ku ruhando rw’umuziki w’Afurika.
Photo: Moctar yasomanye na France Mpundu, akimara kumwambika impeta muri Secret Story Afrique.
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...
Umuhanzikazi Temilade Openiyi, uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya mu muziki we, aho yabaye umuhanzikazi wa mbere ukomoka...
Adedeji Adeleke, se w’umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido, yahishuye ko ibizamini bitanu bya DNA byakozwe...
Umuhanzi w’icyamamare muri Afrobeats, Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi nka Wizkid, yongeye gukurura impaka zikomeye ku mbuga nko...