Umuhanzi Moctar, ukomoka muri Niger, yegukanye Secret Story Afrique, mu gihe umuhanzikazi France Mpundu wari uhagarariye u Rwanda yabaye uwa kane.
Secret Story Afrique ni ikiganiro (reality show) gitambuka kuri televiziyo, aho gihuza abahanzi baturutse mu bihugu byo muri Afurika bikoresha Igifaransa, maze bagahatana hagendewe ku myitwarire yabo muri icyo kiganiro.
Moctar wegukanye Secret Story yatahanye miliyoni 20 z’ama CFA (arenga miliyoni 52 Frw). Uyu muhanzi yanambikiye impeta France Mpundu muri Secret Story.
France Mpundu yari umwe mu bahanzi bageze mu cyiciro cya nyuma, aho yari ahanganye na Moctar, Mousa, Joel ndetse na Sarah, gusa birangira asoreje ku mwanya wa kane.
Icyakora nubwo ategukanye igihembo nyamukuru, France Mpundu yishimiwe na benshi bitewe n’uburyo yitwaye neza, bigatuma anagera kure.
Urugendo rwe muri Secret Story rwamuhaye amahirwe yo kumenyekana cyane ku ruhando rw’umuziki w’Afurika.
Photo: Moctar yasomanye na France Mpundu, akimara kumwambika impeta muri Secret Story Afrique.
Umuhanzi Usher na Justin Bieber bari kuvugwa kumbuga nkoranya mbaga cyane nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko bagiranye impaka...
Umuhanzi w’icyamamare Bruno Mars yashyize umucyo ku makuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja guse...
Umuhanzi R. Kelly, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukorwaho iperereza muri gereza y’ i North Carolina afungiyemo,...
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...