Temilade Openiyi, wamamaye nka Tems, akaba umwe mu bahanzikazi bafite izina rikomeye mu muziki w’isi na Afurika, yemeje ko azataramira mu Rwanda mu 2025.
Ibi bije nyuma y'igihe bivugwa ko hari itsinda ry'abategura ibitaramo mu Rwanda riri mu biganiro n'uyu muhanzikazi, ryifuza ko yazataramira mu Rwanda.
Uyu muhanzikazi w'imyaka 29 yatangaje ko azataramira mu Rwanda mu mwaka utaha abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, aho yerekanye ko afite ibitaramo mu bihugu birimo u Rwanda, Ghana, Nigeria, Ghana, na Kenya nyuma yo gutangaza igitaramo afite i Johanessburg muri Afurika y'Epfo tariki 20 Werurwe 2025.
Tems azaza mu Rwanda muri gahunda arimo yo kumurika 'album' ye nshya yise ’Born in the Wild,’ aho anaherutse kuzenguruka ibihugu bitandukanye birimo Australia, Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, u Budage, Canada, n'ibindi, mu bitaramo bifite iyo ntego.
Uyu muhanzikazi ukomoka muri Nigeria yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo Crazy Things, Damages, Try me, Essence yahuriyemo na Wizkid, n'izindi zitandukanye.
Uyu mukobwa yatangiye kuba ikimenyabose mu 2020, yiharira ikibuga cy’umuziki muri Nigeria kuva mu 2021.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...