Follow
Umuhanzi Mugisha Benjamin, uzwi nka The Ben, yakoreye igitaramo cy'amateka muri BK Arena ku munsi w'ubunani ubwo yanamurikaga 'album' ye ya gatatu mu ijoro ryo ku wa 1 Mutarama 2025.
Iki gitaramo cyiswe "The New Year Groove" cyayobowe n'abanyamakuru, Lucky Nzeyimana na Anita Pendo, kikaba cyahuruje ibihumbi by'abantu bari buzuye BK Arena, barimo abahanzi bagenzi be ndetse n'abayobozi batandukanye.
The Ben, wamaze amasaha arenga abiri ku rubyiniro, yitabaje abahanzi benshi batandukanye bagiye bakorana indirimbo mu myaka yashize.
Yinjiriye ku ndirimbo "Ni Forever" yasohoye mu mpera za 2023, nyuma uyu muhanzi yaje kuvanga indirimbo ze za kera zatumye amenyekana n'iza vuba.
Ku rubyiniro, The Ben yafashijwe n'abahanzi baririmbanye indirimbo zakunzwe kera nka Tom Close, bakoranye indirimbo zirimo "Sinarinkuzi" na "Thank You," ndetse na Fireman, P Fla, na murumuna we Green P.
Abahanzi Kevin Kade na Element na bo ni bamwe mu baririmbanye na The Ben ku rubyiniro binyuze mu ndirimbo "SiKOSA." Mu gihe Yampano yamubimburiye ku rubyiniro.
Itorero Inyamibwa na ryo ryafashije uyu muhanzi ubwo yaririmbaga indirimbo zirimo "Naremeye."
Umuhanzi Otile Brown, ukomoka muri Kenya, na we yisunze The Ben ku rubyiniro baririmbana indirimbo bakoranye zirimo "Can't get Enough."
Photo: Umuhanzi The Ben yanyuze ibihumbi byitabiriye igitaramo cye muri BK Arena. Ifoto y'IGIHE
Photo: Umuhanzi Bruce Melody ndetse n'abo babana mu nzu ya 1:55 AM bitabiriye igitaramo cya The Ben.
Photo: Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Ambasaderi Nduhungirehe Olivier, ni umwe mu bitabiriye igitaramo. Ifoto y'IGIHE
Photo: Umuhanzi Tom Close yaririmbanye na The Ben indirimbo zirimo "Sinarinkuzi" na "Thank You."
Photo: The Ben yageraga aho agafatwa n'amarangamutima kubera urukundo yeretswe n'abitabiriye igitaramo.
Photo: BK Arena yari yuzuye.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...