Mugisha Benjamin, wamenyekanye nka The Ben, agiye gusohora album ye ya gatatu.
Abinyujije ku urubuga rwe rwa Instagram, The Ben yashyize hanze amashusho ari kuririmba imwe mundirimbo yise "Better" byitezwe ko izaba iri kuri iyo album ye.
Uyu muhanzi, ukorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika no mu Rwanda, yagaragaje ko album agiye gusohora izaba yuje urukundo akunda abafana be.
Agira ati "Buri nota, buri murongo bikoranye urukundo n'icyubahiro mbafitiye mwese. Iyi album yuzuye urukundo ruva ku mutima, kandi ndabizeza ko ikwiriye gutegerezwa.
The Ben Kandi yahishuye ko iyo album izasohoka mu Ukuboza, agira ati "Ukuboza kuzaba ukw'amateka. Urukundo n'ukwihangana byanyu ntako bisa."
The Ben yagiye ashinjwa ubunebwe mu myaka yatambutse n'abantu batandukanye baba mu myidagaduro yo mu Rwanda. Ariko muri uyu mwaka ubona ko yongeye gushyira imbaraga cyane mu umuziki we, dore ko hamaze kujya hanze indirimbo eshatu arimo.
Harimo indirimbo ebyiri yakoranye n'abandi bahanzi, 'Sikosa' na 'Intsinzi', ndetse na 'Plenty' yikoranye, ari nayo iheruka kujya hanze.
The Ben yasohoye album ye ya mbere 'Amahirwe ya Nyuma' mu 2009, naho iya kabiri 'Ko Nahindutse' ayisohora mu 2016.
Umuhanzi Usher na Justin Bieber bari kuvugwa kumbuga nkoranya mbaga cyane nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko bagiranye impaka...
Umuhanzi w’icyamamare Bruno Mars yashyize umucyo ku makuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja guse...
Umuhanzi R. Kelly, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukorwaho iperereza muri gereza y’ i North Carolina afungiyemo,...
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...