Ubukene, inzara, n'ubushomeri biri gutuma imiryango yo muri Afghanistan igurisha abana bayo kugira ibeho.
Iki gihugu kiri guca mu bihe bikomeye aho cyugarijwe n'ubukene bukabije, inzara, n'ubushomeri kubera ko imfashanyo cyahabwaga n'imiryango itabara imbabare ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagabanyutse ku kigero cyo hejuru.
Muri iki gihugu hari abagabo benshi bageze aho batekereza kugurisha abana babo kugira ngo babashe kugaburira abandi bana cyangwa kwishyura amafaranga yo kwivuza.
Mu ntara ya Ghor, buri gitondo abagabo benshi bahurira ahantu bategereje ko hari uwabaha akazi ka nyakabyizi gusa kabona umugabo kagasiba undi.
Bamwe muri aba, bavuga ko abana babo bamara iminsi itatu batarya, bakaba bafite ubwoba ko bashobora kwicwa n'inzara!
Uwitwa Abdul Rashid Azimi yabwiye BBC ko yiteguye kugurisha umwe mu bakobwa be kugira ngo abashe kubona ibyo kugaburira bagenzi be.
Ni mu gihe, Saeed Ahmad we yabwiye BBC ko yagurishije umukobwa we w'imyaka 5 kugira ngo abone amafaranga yo kwishyurira umwana we wari urwariye mu bitaro.
Hari abana benshi bavuka bafite ibiro bike kubera ko ba nyina batabonaga indyo yuzuye kandi ihagije igihe batwite.
Abaforomo bavuga ko gupfa kw’abana bato byabaye ibisanzwe kubera ubukene n’ibura ry’imiti.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kubungabunga ibidukikije ya COP29 (Conference of the...
Ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza wa 2024-2025 kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, hagaragajwe ko ubujura no gukubit...
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame n'abandi bakuru b'ibihugu na za Guveri...
Tariki 1 Ukwakira, ku isi hizizwa umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru. Uyu mwaka mu Rwanda, ibirori byo kwizihiza uyu ...
U Rwanda rugiye guterwa inkunga ingana na miliyoni 28$ (hafi miliyari 38 Frw) n'ikigega mpuzamahanga kirengera ibidukikije '...