Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Nigeria, Daniel Etiese Benson uzwi nka Bnxn, ategerejwe i Kigali mu gitaramo cyiswe 'Friends Of Amstel Experience.'
Ni igitaramo uyu muhanzi umenyerewe mu njyana ya Afro-fusion azahuriramo n'abandi bahanzi b'Abanyarwanda barimo nka Kenny K Shot, Nillan, Mistaek, ndetse na Bruce The 1st.
Iki igitaramo giteganijwe tariki 23 Ugushyingo 2024, aho kizabera muri Camp Kigali.
Bnxn, wahoze witwa Buju, yamenyekanye mu ndirimbo nka 'Mood' yakoranye na Wizkid, 'Finesse,' yakoranye na Pheelz, 'Feeling,' yahuriyemo na Ladipoe, 'Bae Bae' aheruka gukorana na Ruger, ndetse n'izindi nyinshi.
Kuri ubu ni umwe mu bahanzi bari kwandika amateka mu muziki Nyafurika, ndetse no hanze y'uyu mugabane.
Umukinnyi wa filime, Nyambo Jesca, yongeye kunyomoza ibivugwa ko akundana n'umubyini Titi Brown, anashyira umucyo ku mubano ...
Umukinnyi wa filime akaba n'umuhanzi, Niyitegeka Gratien, wamamaye nka Papa Sava, yahishuye uko yinjiye mu mwuga wo gukina f...
Umukinnyi wa Los Angeles Clippers, Kawhi Leonard, wegukanye ibikombe bibiri bya NBA, ndetse n'umuhanzikazi w'umunya-Nigeria ...
Polisi y'u Rwanda yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze i...
Umuhanzi w'ikirangirire John Roger Stephens, wamenyekanye nka John Legend, yageze i Kigali mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu...