Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Nigeria, Daniel Etiese Benson uzwi nka Bnxn, ategerejwe i Kigali mu gitaramo cyiswe 'Friends Of Amstel Experience.'
Ni igitaramo uyu muhanzi umenyerewe mu njyana ya Afro-fusion azahuriramo n'abandi bahanzi b'Abanyarwanda barimo nka Kenny K Shot, Nillan, Mistaek, ndetse na Bruce The 1st.
Iki igitaramo giteganijwe tariki 23 Ugushyingo 2024, aho kizabera muri Camp Kigali.
Bnxn, wahoze witwa Buju, yamenyekanye mu ndirimbo nka 'Mood' yakoranye na Wizkid, 'Finesse,' yakoranye na Pheelz, 'Feeling,' yahuriyemo na Ladipoe, 'Bae Bae' aheruka gukorana na Ruger, ndetse n'izindi nyinshi.
Kuri ubu ni umwe mu bahanzi bari kwandika amateka mu muziki Nyafurika, ndetse no hanze y'uyu mugabane.
Umuhanzi Usher na Justin Bieber bari kuvugwa kumbuga nkoranya mbaga cyane nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko bagiranye impaka...
Umuhanzi w’icyamamare Bruno Mars yashyize umucyo ku makuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga amushinja guse...
Umuhanzi R. Kelly, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukorwaho iperereza muri gereza y’ i North Carolina afungiyemo,...
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...