Umuhanzi wo muri Nigeria, Raoul John Njeng-Njeng uzwi cyane nka Skales, yavuze ko ari we watumye Burna Boy amenyekana binyuze mu ndirimbo bakoranye mu 2017.
Ikinyamakuru Naija News gitangaza ko Skales mu kiganiro aherutse kugirana na Naija FM, Lagos, yavuze ko hari igihe yateye inkunga Burna Boy mu mwuga we.
Skales yagaragaje ko umuhanzi Burna Boy nta ndirimbo yari afite ikunzwe mbere y'uko basubiranamo ndirimbo "Temper" mu 2017.
Yakomeje avuga ko Burna Boy na we yamuteye inkunga amaze kumenyekana cyane.
Yagize ati "Nk'uko byari bimeze icyo gihe, Burna boy nta ndirimbo yari afite mbere yo kumushyira muri "Temper Remix."
"Nyuma yo gukorana natwe nibwo yatangiye kwitwara neza. Sinshaka kwiha icyubahiro cy'uko yagize icyo ageraho kubera njye, ariko yanyeretse ko ari umuntu w'ingirakamaro mu gihe cy'imyaka myinshi, kandi ndatekereza ko na we hari igihe namweretse ko ari umuntu w'ingenzi."
Photo: Skales yasubiranyemo indirimbo ye "Temper" na Burna Boy mu 2017.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...