Umuhanzi Yampano yagaragaje ko umuziki Nyarwanda ukorwa muburyo bwa ‘magendu’ bitewe n’inzira zikoreshwa mu guha abahanzi akazi mu bitaramo byo mu Rwanda.
Ubwo yaganiraga na Isango Star TV ku Cyumweru, tariki 6 Ukwakira 2024, uyu muhanzi yagize ati: “ibaze ariko ngo kubera ko udafite abaguhagarariye (management), ngo ntabwo urahabwa akazi kubera ko batagiye kuganira n'umuntu uri gutanga akazi, kandi uri umuhanzi ari kubibona ko uri gukora!"
Yakomeje agira ati: “Ariko muzi impamvu uwo muntu avuga ko ashaka kuganira n’uhagarariye umuhanzi (manager)? Nuko manager baba bari bumuhe miliyoni mirongo itanu, umuhanzi zikamugeraho ari miliyoni eshatu. Nonese urumva atari magendu?”
Yampano kandi yakomoje ku indirimbo ye 'Hawayu', yakozwe na Element, avuga ko uyu musore, utunganya amajwi y’indirimbo (music producer), yayimuhaye abanje kumugora cyane, aho ngo yayimuhaye imaze imyaka ibiri bayikoze.
Yagize ati: “Element agira akantu ko gushaka ko ibihembo byose batanga mu muziki yabitwara, rero guhera mu kwa Mbere kugeza mu kwa Kane nta ndirimbo yapfa kuguha ngo uyisohore. Kuva mu kwa Gatanu kugeza mu kwa Cyenda aba arimo gusohora ama project y'abahanzi afitiye indirimbo kugirango mu mpeshyi abe ari we uri gukora izigezweho (hit)."
"urumva rero iyo isi aba yarubatse ihombya bamwe ikungura abandi, kumperereza indirimbo rimwe na Chriss Eazy, Kevin Kade, na kenny sol, abahanzi bari hejuru, indirimbo yanjye aba yamaze kuyitwika."
Yampano, wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Uworizagwira’, ‘Bucura’, n’izindi, yavuze ko adateganya kongera gukorana na Element, kereka igihe azaba yahinduye imikorere.
Uyu muhanzi, uri mu bize mu ishuri ry’umuziki riherereye I Muhanga, yaherukaga gushyira hanze indirimbo nshya yise 'Sibyange' iri mu zikunzwe muri iyi minsi.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...