Follow
Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC), ryibumbiyemo imitwe ya politiki irimo n’iyitwaje intwaro nka M23, Corneille Nangaa, yahishuye ko umutwe wa M23 ufite umugambi wo gufata umurwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Kinshasa.
Nangaa yavuze ko umutwe wa M23 uzaruhuka ari uko impamvu zatumye ufata intwaro zitakiriho, ndetse ko n'iyo bizasaba kugera i Kinshasa bizakorwa.
Ibi yabitangarije mu kiganiro cya mbere uyu mutwe wagiranye n'itangazamakuru kuri uyu wa Kane kuva wafata Umujyi wa Goma.
Nangaa yagaragaje ko umutwe wa M23 udateze kuva i Goma kuko nta kindi gihugu kitari RDC yajyamo.
Yongeyeho ko abaturiye umupaka wa RDC batazongera guhura n'ibibazo by'umutekano muke kubera ko abatezaga ibyo bibazo birukanwe.
Uyu mutwe wa M23 watangaje ko kandi mu gihe kitarenze iminsi ibiri, amazi n'amashanyarazi bizaba byagarutse i Goma nyuma y'iminsi ntabihari, avuga ko hari n'ibice byatangiye kuyabona.
Nangaa yavuze ko impunzi z'abanye-Congo, zahungiye mu bihugu birimo u Rwanda, ko zigomba gutaha, agaragaza ko hari gushyirwaho uburyo ibyo bigomba gukorwamo.
Perezida w'Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, yasabye abanyamakuru guhagarika ibibazo bivuga ko M23 ifashwa n'u Rwanda, ashimangira ko abazanye iyo mvugo ari abayobozi ba RDC bakora icengezamatwara ry'uko ibibazo byose igihugu gifite biterwa n'u Rwanda.
Photo: Perezida w'Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, mu kiganiro n'itangazamakuru M23 yakoze kuva yafata Goma. Ifoto y'IGIHE
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, yanenze politiki mbi y’Ababiligi baremye amacakubiri mu banya-Rwand...
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruzwi nka...
Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Mukuralinda Alain, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri u...
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y'u Rwanda, Alain Mukuralinda, yagaragaje ko u Rwanda rudafite gahunda yo guterana amagamb...
Perezida Paul Kagame yihanangirije u Bubiligi bukomeje kubuza gukurikirana u Rwanda ndetse no kurubuza amahwemo.