Follow
Abagera kuri 13 bahitanwe n’inkangu yaturutse ku mvura nyinshi yaguye mu karere ka Bulambuli mu Burasirazuba bwa Uganda nk’uko byatangajwe n’umunyango utabara imbabare 'Croix-Rouge' ukorera muri iki gihugu.
Icyakora ibiro ntaramakuru AFP byatangaje ko iyi nkangu yahitanye abagera kuri 30.
Iyi nkangu yatwaye inzu 40 zo muri aka karere, kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru Kampala, bikavugwa ko umubare w’abahitanwe na yo ushobora gukomeza kwiyongera.
Umubare munini w’abahitanywe n'ibi biza ni abana , nkuko ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyabitangaje, gusa haracyari umubare munini w'abantu bitaramenyakana aho baherereye.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 27 Ugushyingo, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda byasohoye itangazo ku rubuga rwa X biburira abaturage ko iki gihugu gishobora kwibasirwa n’ibiza muri iyi minsi.
Photo: Inzu 40 zasenywe n'ibiza byateye Akarere ka Bulambuli kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru Kampala.
Perezida Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bashya nk'uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyan...
Ingabire Marie Immaculée, wari Umuyobozi w’Umuryango Urwanya Ruswa n'Akarengane ‘Transparency International’ ishami ry'u Rwa...
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Israel n'umutwe wa Hamas bateye intambwe ya mbere mu bwu...
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda yo kubaka urubyiruko rufite ubushobozi bwo kwiteza imbere binyuze mu ishoramari, Ur...
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko ingengabitekerezo ya jenoside ari virusi mbi urubyiruko rukwiriye kwirinda, rukayikumi...