Follow
Abagera kuri 13 bahitanwe n’inkangu yaturutse ku mvura nyinshi yaguye mu karere ka Bulambuli mu Burasirazuba bwa Uganda nk’uko byatangajwe n’umunyango utabara imbabare 'Croix-Rouge' ukorera muri iki gihugu.
Icyakora ibiro ntaramakuru AFP byatangaje ko iyi nkangu yahitanye abagera kuri 30.
Iyi nkangu yatwaye inzu 40 zo muri aka karere, kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru Kampala, bikavugwa ko umubare w’abahitanwe na yo ushobora gukomeza kwiyongera.
Umubare munini w’abahitanywe n'ibi biza ni abana , nkuko ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyabitangaje, gusa haracyari umubare munini w'abantu bitaramenyakana aho baherereye.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 27 Ugushyingo, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda byasohoye itangazo ku rubuga rwa X biburira abaturage ko iki gihugu gishobora kwibasirwa n’ibiza muri iyi minsi.
Photo: Inzu 40 zasenywe n'ibiza byateye Akarere ka Bulambuli kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru Kampala.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, yanenze politiki mbi y’Ababiligi baremye amacakubiri mu banya-Rwand...
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruzwi nka...
Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Mukuralinda Alain, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri u...
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y'u Rwanda, Alain Mukuralinda, yagaragaje ko u Rwanda rudafite gahunda yo guterana amagamb...
Perezida Paul Kagame yihanangirije u Bubiligi bukomeje kubuza gukurikirana u Rwanda ndetse no kurubuza amahwemo.