Leta y'u Rwanda yatangaje ko Abanyarwanda badakwiriye kugira impungenge kuko igihugu kizakora ibishoboka byose ngo ibikomoka kuri Peteroli biboneke kabone nubwo byahenda.

Ibi byagarutsweho n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, mu kiganiro Impumeko y'Iwacu cya B&B Kigali.

Yijeje Abanyarwanda ko nubwo ibiciro by'ibikomoka kuri Peteroli bizamuka, bitazigera bibura.

Yagize ati: "Icyo dushaka ni uko ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli ritabaho."

Amb. Uwihanganye yasabye Abanyarwanda kubigiramo uruhare birinda gukora ingendo zitari ngombwa.

Ati: "Twifuza gufatanya n'Abanyarwanda kugira ngo ibyo dufite mu Rwanda bikoreshwe neza ahari ngombwa."

Yakomeje agira ati: "Turakangurira Abanyarwanda gukora ingendo ziri ngombwa. Aho bishoboka mukoreshe bisi rusange."

Ikiganiro kirambuye na Amb. Uwihanganye Jean de Dieu: