Follow
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda ya Basketball yatsinzwe n'iya Senegal amanota 81-59 mu mukino wa mbere wo mu itsinda C wabereye muri Dakar Arena muri Senegal mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki 22 Ugushyingo 2024.
Senegal yari imbere y'u Rwanda kuva mu ntangiriro z'umukino kugeza urangiye, aho amakipe yombi yagiye kuruhuka abasore ba Ngagne De Sagana Diop bayoboye n'amanota 43-32.
U Rwanda rwatakarije umukino mu gace ka gatatu, nyuma yo gutsindwa amanota 21-10 maze Senegal ishyiramo ikinyuranyo cy'amanota 22 mbere yo kwinjira mu gace ka kane.
Mu gace ka nyuma, abasore ba Dr. Cheikh Sarr bagerageje kubuza Senegal kongera ikinyuranyo, banganya amanota 17-17. Umukino urangira Senegal itsinze u Rwanda n'ikinyuranyo cy'amanota 22.
Brancou Badio na Youssou Ndoye ba Senegal ni bo batsinze amanota menshi muri uyu mukino, aho buri umwe yatsinze amanota 14, mu gihe Amar Sylla yatsinze amanota 13.
Ku ruhande rw'u Rwanda, William Robeyns na Shema Osborn batsinze amanota 12, buri umwe, naho Nshobozwabyosenumukiza Wilson atsinda amanota umunani.
U Rwanda ruzahura na Cameroon mu mukino wa kabiri utegerejwe kuri uyu Gatandatu saa tanu z'ijoro za Kigali.
Imikino ya nyuma yo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cya 2025 iteganyijwe muri Gashyantare 2025. Amakipe atatu muri buri tsinda niyo azabona itike y’iri rushanwa rizabera muri Angola muri Kanama 2025, rihuze amakipe 16 agabanyije mu matsinda ane.
Photo: Antino Jackson w'u Rwanda ahanganiye umupira na Jean Jacques Boissy wa Senegal mu mu mukino wabereye i Dakar muri Senegal.
Photo: Abakinnyi b'u Rwanda, Ndizeye Dieudonne, Muhizi Prince, Nshobozwabyosenumukiza Wilson, na Dylan Schommer, batera imbaraga bagenzi babo.
Photo: Ikipe y'igihugu y'u Rwanda ya Basketball yatsinzwe na Senegal amanota 81-59 mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.
Photo: kipe y'igihugu ya Senegal yatsinze u Rwanda amanota 81-59 mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick ...