Imikino isanzwe ya shampiyona ya basketball mu Rwanda (RBL) iherutse gusozwa tariki 24 Nyakanga 2026, gusa isize byinshi mu mitwe y'abakunzi bayo.

Ikipe ya APR yongeye kugaragaza ubukana, iyobora andi makipe yose mu mikino 16 bakinnye, aho yatsinzemo 14 itsindwa, ibigaragaza ko intego yo kwegukana igikombe ikomeje nk’uko yabikoze imyaka igera kuri itatu iheruka.

Yakurikiwe na Patriots yatsinze imikino 13, itsindwa itatu, mu gihe ikipe ya REG na RSSB Tigers, zaje ku mwanya wa gatatu n'uwa kane, zatsinze imikino 11.

Kepler BBC yakomeje kwerekana iterambere rishimishije, mu gihe UGB yo yatanze ubutumwa ko ishobora guhatana n’amakipe akomeye, ibifashijwemo na James Amatoe na Eric Kayondo umaze kumenyera shampiyona nyuma yo gutorwa nk’umukinnyi wazamuye urwego mu mwaka ushize.

Ku rundi ruhande, East African University, yakinaga umwaka wa mbere mu cyiciro cya mbere, yagaragaje ibihe byiza nubwo itabashije gusoreza mu makipe ane ya mbere.

Inspired generation yagaragaje intege nke mu mikino ya shampiyona isoza idatsinze umukino n’umwe.

Naho Azomco yahuye n’ibibazo bitandukanye bituma isoreza ku mwanya ubanziriza uwa nyuma.

Amakipe ane ya mbere yongeyemo amaraso mashya ndetse n’abakinnyi bafite inararabibonye ku mpande zombi mbere y'imikino ya kamarampaka, aho ikipe ya APR yamaze kugarura Craig Randall, wabaye umukinnyi mwiza muri BAL 2026.

APR kandi yongeyemo Mouhamadou Diagne, avuye muri FUS Rabat yo muri Morroc, naho REG BBC yibikaho Will Perry, usanzwe umunyereye iyi mikino avuye mu ikipe ya FUS Rabat nyuma yo kuyifasha gutwara igikombe cya shampiyona.

Ikipe ya APR BBC izahura na RSSB Tigers muri 1/2 cy'imikino ya kamarampaka.

Naho Patriots BBC icakirane na REG BBC.

Iyi mikino ya kamarampaka izatangira tariki 5 Kanama 2026.