Follow
Abantu bagera kuri 56 bapfiriye mu mubyigano wabereye kuri Sitade N’Zérékoré, ahaberaga umukino wahuzaga Labé na N’Zérékoré muri Guinea kuri iki Cyumweru, tariki 1 Ukuboza 2024.
Ibi byago byabereye mu Majyepfo ya Guinea mu mujyi wa kabiri mu munini muri iki gihugu, N’Zérékoré, aho ikipe ya Labé yari yakiriwe na N’Zérékoré mu mukino wa nyuma w’irushanwa ryitiriwe Umukuru w’Igihugu wa Guinea, Mamady Doumbouya.
Ubwo umukino waganaga ku musozo, umusifuzi wari uwuyoboye yahaye penaliti N’Zérékoré, ibitishimiwe n’abakinnyi ba Labé batangira guteza akaduruvayo. Abafana ba Labé nabo bahise batangira gutera amabuye mu kibuga, ari nako imirwano ivanze n’umubyigano itangira kuri Sitade N’Zérékoré.
Polisi yagerageje guhosha iyo ntambara, itera ibyuka biryani mu maso mu bafana. Abantu benshi basize ubuzima muri iyo mirwano, abandi barakomereka.
Kugeza ubwo, twakoraga iyi nkuru, Leta ya Guinea yari imaze gutangaza umubare w’abagera kuri 56 bamaze kwitaba Imana.
Hari amashusho menshi yagiye hanze agaragaza imirwano y’abari bitabiriye uyu mukino, aho hagaragaramo abantu benshi bagerageza kurira inkuta kugira ngo barokore ubuzima bwabo, abandi biganjemo abana baryamye hasi.
Minisitiri w’Intebe wa Guinea, Mamadou Oury Bah, yavuze ko inzego z’ubuyobozi muri iki gihugu ziri kugerageza kugarura umutekano n’ituze ahabereye aya mahano.
Yongeyeho ko amavuriro ari gutanga ubuvuzi ku bakomerekeye muri iyi mirwano.
Photo: Abantu benshi bagerageza kurira inkuta kugira ngo bahunge imvururu zaberaga kuri kuri Sitade N’Zérékoré.
Photo: Abasifuzi baganira n'abakapiteni b'amakipe yombi, N’Zérékoré na Labé, mbere y'umukino wa nyuma w'irushanwa ryitiriwe Perezida wa Guinea.
Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru wayo, Robertinho, "kubera impamvu z'uburwayi," nk'uko byatangajwe n'iyi kipe mu ruke...
Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na Marines ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatand...
Munyakazi Sadate, wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020, yahishuye umugambi afite wo kugura iyi kipe agera kuri miliy...
Abafana ba Arsenal barenga 1000 baturutse mu bihugu 14 byo ku mugabane wa Afurika bagiye guhurira mu iserukiramuco rizabera ...
Chairman wa APR FC, Brig. Gen. Rusanganwa Deo, yagaragaje ko umutoza w’iyi kipe, Darko Novic, akoze impinduka mu mikinire, y...