Follow
Rwaka Claude yeguye ku mirimo yo gutoza Rayon Sports y'abagore kubera kumara igihe kirekire adahembwa.
Uyu mutoza, wari umaze umwaka umwe n'igice ari umutoza mukuru wa Rayon Sports y'abagore, yahamirije B&B Kigali ko yasezeye burundu kuri iyi kipe, yambara ubururu n'umweru.
Rwaka yavuze ko yasezeye kubera ibibazo bifitanye isano n'imishahara yaraberewemo n'ikipe. Ni mu gihe n'abandi batoza bari bungirije Rwaka na bo basezeye kubera kudahembwa.
Bivugwa ko abatoza ba Rayon Sports y'abagore bari bamaze amezi atatu badahembwa.
Rwaka yabwiye B&B Kigali ko byanagorana kugaruka muri Rayon Sports y'abagore .
Ati " Byagorana kugaruka. Byasaba ibiganiro birebire."
Rwaka yagizwe umutoza mukuru wa Rayon Sports y'abagore muri Kanama 2023, nyuma y'igihe kinini ari umutoza wungirije muri Rayon Sports y'abagabo.
Aba batoza ba Rayon Sports y'abagore beguye mu gihe iyi kipe iri kwitegura umukino wa shampiyona izakina AS Kigali kuri uyu wa Gatandatu, tariki 8 Werurwe 2025, mu Nzove.
Rayon Sports imaze iminsi ifitanye ibibazo n'abakozi bayo byerekeranye n'imishahara, dore ko no mu minsi ishize umutoza wungirije wa Rayon Sports y'abagabo, Quanane Sellami, yasezeye ku mirimo ye kubera ibibazo birimo ibirarane yari aberewemo.
Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yahamirije B&B Kigali ko ikipe yamaze gutandukana na Afhamia Lotfi, wari ...
Myugariro Bayisenge Emery yavuze ko umukino wa APR na Rayon Sports ari umukino wahindurira ubuzima umukinnyi uwariwe wese wa...
Umuvugizi w'abafana ba APR, Jangwani, n'uw'abafana ba Rayon Sports, Wasili, bahishuye byinshi ku mikorere mishya bazanye mur...
Kapiteni wa APR, Niyomugabo Claude, yavuze ko biteguye gukosora amakosa yose yakozwe mu mikino iheruka mu gihe bitegura guca...
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yavuze ko yashyizweho ingamba zijyanye no gukurikirana uburyo amafederasiyo akoresha...