Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryatandukanye na Frank Torsten Spittler, wari umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi.'

Mu itangazo yashyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki 21 Mutarama 2025, FERWAFA yavuze yafashe icyemezo cyo kutongerera Torsten Spittler amasezerano nyuma y'ibiganiro bitandukanye bagiranye.

Yagize iti "Turamenyesha Abanyarwanda bose, by'umwihariko abakunzi b'umupira w' amaguru, ko nyuma y'ibiganiro bitandukanye na Bwana Torsten Frank Spittler wari umutoza mukuru w'ikipe y'igihugu AMAVUBI, hafashwe umwanzuro wo kutamwongerera amasezarano y'akazi."

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda ryongeyeho riti "Mu gihe cya vuba tuzabamanyesha umutoza uzakomeza akazi ko gutoza ikipe nkuru y'igihugu."

FERWAFA yari yatangiye ibiganiro byo kongerera Torsten Spittler amasezerano mu mpera za 2024 nk'uko Perezida w'iri shyirahamwe, Munyantwali Alphonse, yabibwiye B&B Kigali.

Icyakora Munyantwali yagaragaje ko hari ibyemezo Torsten Spittler afata ariko bidashyigikiwe na FERWAFA, birimo icyemezo uyu mutoza yafashe cyo kutazongera guhamagara abakinnyi nka Sahabo Hakim, Rafael York, na Hakizimana Muhadjiri mu Amavubi.

Yongeyeho ko kandi FERWAFA nisanga ibyo umutoza ashaka bidahuye n’ibyo ishyirahamwe rishaka, bazatandukana aho kugira ngo rimuvangire.

Torsten Spittler w'imyaka 63 yagizwe umutoza mukuru w'Amavubi tariki 1 Ugushyingo 2023 asimbuye Carlos Alós Ferrer, wari umaze gusezera.

Iyi yari inshuro ya mbere uyu mutoza, ukomoka mu Budage, atoje ikipe y'igihugu nkuru.

Mu mikino 12, utabariyemo iya gicuti, yatoje Amavubi, yatsinzemo itanu, anganya itatu, atsindwa ine.

Guhera mu ntangiriro z'Ukuboza 2024, Torsten Spittler yari yarasubiye iwabo mu Budage mu biruhuko by'iminsi mikuru, dore ko n'amasezerano y'umwaka umwe yari yarahawe yari yararangiye, ndetse ntiyanatoje imikino ibiri y'ijonjora rya nyuma mu gushaka itike ya CHAN 2024, u Rwanda rwahuyemo na Sudani y'Epfo.