Follow
APR yanganyije na Rutsiro 0-0 mu mukino w'ikirarane w'umunsi wa mbere wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru, tariki 10 Ugushyingo 2024.
Iyi yari inshuro ya gatatu APR inanirwa kwinjiza igitego mu mukino wa shampiyona muri uyu mwaka w'imikino, dore ko byayibayeho ubwo yakirwaga na Etincelles ndetse n'ubwo yanganyaga na Gorilla, umukino waje kuviramo iyi kipe y'ingabo z'igihugu guterwa mpaga kubera gukinisha umubare w'abanyamahanga urenze uwemewe muri shampiyona.
Kuri ubu APR ikaba imaze kwinjiza igitego kimwe gusa muri shampiyona, uramutse uvanyemo ibitego bibiri bya penaliti iheruka gutsinda Vision tariki 7 Ugushyingo 2024.
Iyi kipe, itozwa na Darko Novic, yahise ifata umwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya, aho ifite amanota umunani mu mikino itanu imaze gukina.
Ni mu gihe Rutsiro yo yagumye ku mwanya wa 10 n'amanota icyenda mu mikino icyenda imaze gukina, aho ifite umwenda w'ibitego bibiri.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick ...