Follow
Amagaju yatsindiye APR i Huye igitego 1-0 mu mukino wasoje ibanza ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwannda wabaye kuri iki Cyumweru.
Wari umukino w’ikirarane w’umunsi wa 15 wabereye kuri Stade Huye mu birori bya ruhago byabereye muri aka Karere ko mu Majyepfo y’u Rwanda mu mpeza z’iki cyumweru, dore ko kakiriye imikino ibiri yibirarane ya shampiyona.
Ndayishimiye Edouard, ukomoka mu Burundi, ni we wahesheje Amagaju iyi itsinzi iremereye ku gitego yatsinze ku munota wa 55.
Yafashije Amagaju kubona itsinzi ya mbere mu mateka yayo imbere ya APR.
Ni inshuro ya kabiri APR itsinzwe muri shampiyona y’uyu mwaka, nyuma yo guterwa mpaga na Gorilla kubera gukinisha umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga urenze uwemewe n’amategeko ya shampiyona.
Iyi tsinzwi yatumye APR isoza imikino ibanza iri ku mwanya ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 31, aho irushwa amanota atanu na mukeba wayo, Rayon Sports, iri ku mwanya wa mbere.
Amagaju yahise afata umwanya wa munani ku rutonde rwa shampiyona, aho ifite amanota 21, inganya na Mukura ndetse na Rutsiro, ziri ku mwanya wa karindwi n’uwa gatandatu.
Photo: Amarangamutima yari yose kuri Ndayishimiye Edouard (uhetswe mu mugongo) wahesheje Amagaju itsinzi.
Fitina Omborenga yasabye Rayon Sports ko batandukana kubera ko iyi kipe itubahirije ibyo bumvikanye mu masezerano.
Inter Milan yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma yo gutsinda Barcelona ibitego 4-3 mu mukino wo kwishyu...
Banamwana Camarade yahawe gutoza Bugesera mu mikino itandatu ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda isigaye.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Mugiraneza "Migi" Jean Baptiste mu bikorwa byose bya ruha...
Haringingo Francis, wari umutoza mukuru wa Bugesera, ndetse n'umwungiriza we, Nduwimana Pablo, basezeye ku mirimo yabo muri ...