Follow
APR yatsinzwe na Mukura igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w'umunsi wa 18, wabereye kuri Sitade Huye kuri iki Cyumweru, tariki 23 Gashyantare 2025, bituma inanirwa gusatira Rayon Sports.
Igitego cyatsinzwe na Malanda Destin ku munota wa 19 ni cyo cyahesheje Mukura amanota atatu, ihita yuzuza amanota 27 aho iri ku mwanya wa gatandatu.
APR yinjiye muri uyu mukino isabwa gutsinda gusa kugira ngo igabanye ikinyuranyo cy'amanota ari hagati yayo na mukeba wayo, Rayon Sports, yanganyirije i Huye na Amagaju ku munsi wejo.
Gusa iyi kipe, itozwa na Darko Novic, yananiwe gukomeza kwatsa igitutu kuri Rayon Sports, dore ko iyo ibona intsinzi yari gusigara irushwa inota rimwe.
Malanda Destin yatsindiye Mukura, yari yakiriye umukino, nyuma yo guhabwa umupira na Jordan Dimbumba, wabanje kunyura hagati ya Yussif Dauda na Niyomugabo Claude, maze ahereza umupira uyu rutahizamu, ukomoka muri DRC, wahise atera mu izamu.
Umutoza Darko Novic yakoze impinduka enye mbere y'uko igice cya kabiri gitangira, aho yakuyemo Denis Omedi, Ruboneka Jean Bosco, Lamine Bah, na Seidu Dauda, ashyiramo Mamadou Sy, Mugisha Gilbert, Niyibizi Ramadhan, na Nshimirimana Ismail.
Icyakora biba iby'ubusa, dore ko abasore ba Afhamia Lofti bihagazeho batahana amanota atatu.
Uyu ni umukino wa gatatu APR itsinzwe muri shampiyona y'uyu mwaka w'imikino, nyuma yo gutsindwa na Amagaju ndetse ikanaterwa na mpaga na Gorilla.
Iyi kipe y'Ingabo z'u Rwanda yagumye ku mwanya wa kabiri, aho afite amanota 37 mu mikino 18 imaze gukina, irushwa na Rayon Sports, iyoboye urutonde, amanota ane.
APR izakurikizaho Police ku wa Gatandatu, tariki 1 Werurwe 2025 kuri Kigali Pele Stadium.
Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yahamirije B&B Kigali ko ikipe yamaze gutandukana na Afhamia Lotfi, wari ...
Myugariro Bayisenge Emery yavuze ko umukino wa APR na Rayon Sports ari umukino wahindurira ubuzima umukinnyi uwariwe wese wa...
Umuvugizi w'abafana ba APR, Jangwani, n'uw'abafana ba Rayon Sports, Wasili, bahishuye byinshi ku mikorere mishya bazanye mur...
Kapiteni wa APR, Niyomugabo Claude, yavuze ko biteguye gukosora amakosa yose yakozwe mu mikino iheruka mu gihe bitegura guca...
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yavuze ko yashyizweho ingamba zijyanye no gukurikirana uburyo amafederasiyo akoresha...