Follow
Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi Ayabonga Lebitsa yamaze kumvikana na Rayon Sports kugira ngo yongere ayigarukemo, nyuma y'ukwezi kurenga batandukanye.
Amakuru agera kuri B&B Kigali avuga ko uyu mutoza, ukomoka muri Afurika y'Epfo, ararara ageze i Kigali, agahita ahabwa amasezerano mashya.
Ayabonga yatandukanye na Rayon Sports mu mpera z'Ukuboza 2024 ku busabe bwe, nyuma y'umwaka umwe n'igice yari ayimazemo, aho yasezeye ikipe ayibwira ko agiye kubera impamvu z'umuryango zirimo kurwaza umugore we.
Gusa icyo gihe B&B Kigali yamenye ko bimwe mu byatumye Ayabonga asezera Rayon Sports birimo ko uyu mutoza yabonaga atemerwa n'umutoza mukuru Robertinho, wifuzaga ko asimburwa.
Robertinho, uzwiho gukunda gukorana n'abantu bamenyeranye byumwihariko abo bakoranyeho mbere, yifuzaga ko yakorana na Hategekimana Corneille, wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Gasogi United icyo gihe, bari barakoranye mu makipe nka Simba yo muri Tanzania mu 2023.
Ndetse byaje kurangira Hategekimana ari we usimbuye Ayabonga muri Rayon Sports.
Nyuma y'iminsi Ayabonga asezeye kuri Rayon Sports, ubuyobozi bw'ikipe bwongeye kumuganiriza, dore ko mu gihe bamaranye bwishimiye umusaruro yatanze ndetse akaba akundwa n'abakinnyi b'iyi kipe, bumusaba ko yagaruka.
Mu ntangiriro z'uku kwezi Perezida Twagirayezu Thaddée yabwiye itangazamakuru ko bamaze igihe bari kuganiriza Ayabonga kugira ngo agaruke mu ikipe.
Biteganyijwe ko Hategekimana, wari warasimbuye Ayabonga, ahita ashyirwa muri Rayon Sports y'abagore.
Fitina Omborenga yasabye Rayon Sports ko batandukana kubera ko iyi kipe itubahirije ibyo bumvikanye mu masezerano.
Inter Milan yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma yo gutsinda Barcelona ibitego 4-3 mu mukino wo kwishyu...
Banamwana Camarade yahawe gutoza Bugesera mu mikino itandatu ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda isigaye.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Mugiraneza "Migi" Jean Baptiste mu bikorwa byose bya ruha...
Haringingo Francis, wari umutoza mukuru wa Bugesera, ndetse n'umwungiriza we, Nduwimana Pablo, basezeye ku mirimo yabo muri ...