Follow
Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi Ayabonga Lebitsa yamaze kumvikana na Rayon Sports kugira ngo yongere ayigarukemo, nyuma y'ukwezi kurenga batandukanye.
Amakuru agera kuri B&B Kigali avuga ko uyu mutoza, ukomoka muri Afurika y'Epfo, ararara ageze i Kigali, agahita ahabwa amasezerano mashya.
Ayabonga yatandukanye na Rayon Sports mu mpera z'Ukuboza 2024 ku busabe bwe, nyuma y'umwaka umwe n'igice yari ayimazemo, aho yasezeye ikipe ayibwira ko agiye kubera impamvu z'umuryango zirimo kurwaza umugore we.
Gusa icyo gihe B&B Kigali yamenye ko bimwe mu byatumye Ayabonga asezera Rayon Sports birimo ko uyu mutoza yabonaga atemerwa n'umutoza mukuru Robertinho, wifuzaga ko asimburwa.
Robertinho, uzwiho gukunda gukorana n'abantu bamenyeranye byumwihariko abo bakoranyeho mbere, yifuzaga ko yakorana na Hategekimana Corneille, wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Gasogi United icyo gihe, bari barakoranye mu makipe nka Simba yo muri Tanzania mu 2023.
Ndetse byaje kurangira Hategekimana ari we usimbuye Ayabonga muri Rayon Sports.
Nyuma y'iminsi Ayabonga asezeye kuri Rayon Sports, ubuyobozi bw'ikipe bwongeye kumuganiriza, dore ko mu gihe bamaranye bwishimiye umusaruro yatanze ndetse akaba akundwa n'abakinnyi b'iyi kipe, bumusaba ko yagaruka.
Mu ntangiriro z'uku kwezi Perezida Twagirayezu Thaddée yabwiye itangazamakuru ko bamaze igihe bari kuganiriza Ayabonga kugira ngo agaruke mu ikipe.
Biteganyijwe ko Hategekimana, wari warasimbuye Ayabonga, ahita ashyirwa muri Rayon Sports y'abagore.
Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru wayo, Robertinho, "kubera impamvu z'uburwayi," nk'uko byatangajwe n'iyi kipe mu ruke...
Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na Marines ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatand...
Munyakazi Sadate, wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020, yahishuye umugambi afite wo kugura iyi kipe agera kuri miliy...
Abafana ba Arsenal barenga 1000 baturutse mu bihugu 14 byo ku mugabane wa Afurika bagiye guhurira mu iserukiramuco rizabera ...
Chairman wa APR FC, Brig. Gen. Rusanganwa Deo, yagaragaje ko umutoza w’iyi kipe, Darko Novic, akoze impinduka mu mikinire, y...