Follow
Byiringiro Lague yavuze ko impamvu amaze igihe adahamagarwa mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' ari uko umutoza mukuru atashimye imikinire ye, ashimangira ko nta kibazo bafitanye.
Uyu rutahizamu wa Sandvikens IF yagize ati "Numva haricyo umutoza atambonyemo abona ku bandi dukina ku mwanya umwe."
Byiringiro yagaragaje ko ikibazo cyabayeho hagati ye n'umutoza mukuru, Frank Torsten Spittler, ari uburyo yitwaye mu mukino wa gicuti u Rwanda rwatsinzemo Madagascar ibitego 2-0 tariki 25 Werurwe 2024, aho uyu mukinnyi yakubise agacupa hasi kubera umujinya ubwo yari amaze gusimbuzwa.
Gusa avuga ko ibyo byose byarangiye kubera ko yanasabye imbabazi umutoza Torsten, ndetse bakaba banaganira.
Yagize ati “Iyo umuntu arakaye akora amakosa aba atateganyije ariko byararangiye.”
Muri icyo kiganiro Byiringiro yagiranye n'urubuga rwa YouTube rwitwa Jako Media Show, yavuze ko mu mpera z'uyu mwaka w'imikino ashobora gutandukana na Sandvikens IF, yo mu cyiciro cya kabiri muri Sweden.
Yagize ati "Abafana bange bitege ko muri uyu mwaka ndajya mw'ikipe ikomeye, mbahishiye ibintu byiza."
Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru wayo, Robertinho, "kubera impamvu z'uburwayi," nk'uko byatangajwe n'iyi kipe mu ruke...
Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na Marines ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatand...
Munyakazi Sadate, wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020, yahishuye umugambi afite wo kugura iyi kipe agera kuri miliy...
Abafana ba Arsenal barenga 1000 baturutse mu bihugu 14 byo ku mugabane wa Afurika bagiye guhurira mu iserukiramuco rizabera ...
Chairman wa APR FC, Brig. Gen. Rusanganwa Deo, yagaragaje ko umutoza w’iyi kipe, Darko Novic, akoze impinduka mu mikinire, y...