Follow
Byiringiro Lague yaseshe amasezerano yari afitanye na Sandvikens IF, nyuma y'imyaka ibiri ayikinira.
Uyu mukinnyi w'imyaka 24 yari asigaje amasezerano y'umwaka umwe muri iyi kipe, yo muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri muri Sweden, gusa nyuma y'ubwumvikane bw'impande zombi bemeranywa gutandukana.
Mu Ukwakira 2024, Byiringiro yari yaciye amarenga ko afite gahunda yo kuva muri Sandvikens IF akerekeza mu ikipe ikomeye.
Ati "Abafana banjye bitege ko muri uyu mwaka nzajya mu ikipe ya 'danger.' Mbahishiye ibintu byiza."
Byiringiro yageze muri Sandvikens IF muri Mutarama 2023 avuye muri APR, yari amazemo imyaka itanu.
Mu mwaka we wa mbere muri iyi kipe yo muri Sweden, Byiringiro yitwaye neza dore ko yatsinze ibitego umunani, anayifasha kuzamuka muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri.
Icyakora mu mwaka w'imikino we wa kabiri ntibyamugendekeye neza, aho yagize ikibazo cy'imvune nyuma agarutse, atsinda igitego kimwe gusa mu mikino 15.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick ...