Follow
Kiyovu Sports yatsinzwe na Gasogi United ibitego 4-3, mu mukino w'umunsi wa cyenda wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium..
Uyu wari umukino wa karindwi wikurikiranya Kiyovu Sports itsinzwe muri shampiyona muri uyu mwaka w'imikino.
Malipangou Christian wa Gasogi United niwe wafunguye amazamu muri uyu mukino ku munota wa 14.
Nyuma y'iminota ine Nizeyimana Djuma yishyurira Kiyovu mbere y'uko Malipangou na Mudeli Akbar batsinda, bagafasha Gasogi kujya kuruhuka iyoboye n'ibitego 3-2, dore ko Mugisha Desire yatsindiye Kiyovu igitego mu minota y'inyongera y'igice cya mbere.
Mu gice cya kabiri, Ndikumana Danny, wavuye muri APR, yatsindiye Gasogi igitego cya kane ku munota wa 75.
Mu minota ya nyuma y'umukino, Dufitimana Pacifique yatsindiye Kiyovu, agabanya ikinyuranyo, umukino urangira Gasogi ibonye itsinzi y'ibitego 4-3.
Nyuma y'umukino, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yavuze ko atishimiye umusaruro ikipe ye yatahanye nubwo babonye amanota atatu, gusa ashima uburyo umutoza wa Gasogi United, Bienvenue Tchiamas, yakinishijemo ikipe.
Ati "Ndanenga cyane ba myugariro bacu kuko yatanze impano (cadeaux) zitabaho, nta gitego Kiyovu yatsinze wavuga ko yaruhiye ikagikorera."
Photo: Ndikumana Danny (ibumoso) na Malipangou Christian (iburyo) ni bamwe mu bafashije Gasogi United gutsinda Kiyovu ibitego 4-3.
Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru wayo, Robertinho, "kubera impamvu z'uburwayi," nk'uko byatangajwe n'iyi kipe mu ruke...
Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na Marines ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatand...
Munyakazi Sadate, wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020, yahishuye umugambi afite wo kugura iyi kipe agera kuri miliy...
Abafana ba Arsenal barenga 1000 baturutse mu bihugu 14 byo ku mugabane wa Afurika bagiye guhurira mu iserukiramuco rizabera ...
Chairman wa APR FC, Brig. Gen. Rusanganwa Deo, yagaragaje ko umutoza w’iyi kipe, Darko Novic, akoze impinduka mu mikinire, y...