Follow
Masudi Narcisse yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Gorilla avuye mu Amagaju.
Uyu mukinnyi, ukomoka mu Burundi, yari asanzwe ari kapiteni w'Amagaju, yari amazemo imyaka ibiri dore ko yayigezemo mu 2023 ubwo yari avuye muri Aigle Noir yo mu Burundi.
Masudi ni umukinnyi wa gatatu usinyishijwe na Gorilla muri iyi mpeshyi, nyuma ya Mosengo Tansele, wasinye amasezerano y'umwaka umwe avuye muri Kiyovu Sports, ndetse na Akayezu Jean Bosco, wasinye amasezerano y'imyaka ibiri avuye muri AS Kigali.
Muri gahunda yo gukomeza ikipe, Gorilla, yasoreje ku mwanya wa karindwi muri shampiyona y'umwaka w'imikino ushize, iherutse no kuzamura abakinnyi barindwi ibakuye mu ikipe yayo y'abato.
Abo barimo Ntwali Muhadjiri, Kazungu Celestin, Mbaga Patrick, Mucyo Jean de Dieu, Iriho Kevin, Ntwali Anselme, na Ishimwe Steven.
Ni mu gihe Nizeyimana Omar na Irakoze Darcy na bo bongerewe amasezerano – imyaka itatu n'imyaka ibiri.
Photo: Masudi Narcisse yari amaze imyaka ibiri mu Amagaju, yanabereye kapiteni, mbere yo kwerekanwa nk'umukinnyi mushya wa Gorilla.
Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yahamirije B&B Kigali ko ikipe yamaze gutandukana na Afhamia Lotfi, wari ...
Myugariro Bayisenge Emery yavuze ko umukino wa APR na Rayon Sports ari umukino wahindurira ubuzima umukinnyi uwariwe wese wa...
Umuvugizi w'abafana ba APR, Jangwani, n'uw'abafana ba Rayon Sports, Wasili, bahishuye byinshi ku mikorere mishya bazanye mur...
Kapiteni wa APR, Niyomugabo Claude, yavuze ko biteguye gukosora amakosa yose yakozwe mu mikino iheruka mu gihe bitegura guca...
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yavuze ko yashyizweho ingamba zijyanye no gukurikirana uburyo amafederasiyo akoresha...