Follow
Masudi Narcisse yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Gorilla avuye mu Amagaju.
Uyu mukinnyi, ukomoka mu Burundi, yari asanzwe ari kapiteni w'Amagaju, yari amazemo imyaka ibiri dore ko yayigezemo mu 2023 ubwo yari avuye muri Aigle Noir yo mu Burundi.
Masudi ni umukinnyi wa gatatu usinyishijwe na Gorilla muri iyi mpeshyi, nyuma ya Mosengo Tansele, wasinye amasezerano y'umwaka umwe avuye muri Kiyovu Sports, ndetse na Akayezu Jean Bosco, wasinye amasezerano y'imyaka ibiri avuye muri AS Kigali.
Muri gahunda yo gukomeza ikipe, Gorilla, yasoreje ku mwanya wa karindwi muri shampiyona y'umwaka w'imikino ushize, iherutse no kuzamura abakinnyi barindwi ibakuye mu ikipe yayo y'abato.
Abo barimo Ntwali Muhadjiri, Kazungu Celestin, Mbaga Patrick, Mucyo Jean de Dieu, Iriho Kevin, Ntwali Anselme, na Ishimwe Steven.
Ni mu gihe Nizeyimana Omar na Irakoze Darcy na bo bongerewe amasezerano – imyaka itatu n'imyaka ibiri.
Photo: Masudi Narcisse yari amaze imyaka ibiri mu Amagaju, yanabereye kapiteni, mbere yo kwerekanwa nk'umukinnyi mushya wa Gorilla.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick ...