Follow
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick na Nizeyimana Is’haq, bahagaritswe muri shampiyona y'u Rwanda (Rwanda Premier League).
Ni nyuma y'inkuru yari yatangajwe na RadioTV10 ivuga ko Ngaboyisonga na Nizeyimana bahagaritswe na FERWAFA imikino itanu badasifura muri shampiyona y'u Rwanda.
Iki gitangazamakuru cyavugaga ko Ngaboyisonga yahanwe kubera amakosa yakoze mu misifurire ku mukino w'umunsi wa kabiri wahuje Musanze na AS Kigali kuri Sitade Ubworoherane.
Mu gihe Nizeyimana we yakoze amakosa y'imisifurire ku mukino w'umunsi wa kabiri wahuje Amagaju na Bugesera kuri Sitade Kamena.
FERWAFA yanyomoje ayo makuru igira iti " Aya makuru si yo. Ku mikino igibwaho impaka ku misifurire, Komisiyo ishinzwe imisifurire izakomeza kuyigenzura, hafatwe ibyemezo bijyanye n'amabwiriza agenga imisifurire, kandi bimenyeshwe abo bireba bose."
Nubwo FERWAFA yahakanye ayo y'ihagarikwa ry'abasifuzi, ariko ntiwahakana ko ikibazo cy'imisifurire kiri mu byugarije shampiyona y'u Rwanda, dore ko imisifurire iri mu bimaze igihe binengwa na benshi mu bakurikirana iyi shampiyona.
Mu mwaka w'imikino ushize byafashe intera ubwo ibyemezo byakururaga impaka byakomezaga kwiyongera kugeza n'aho bikuruye imvururu kuri sitade – ku mukino wa Bugesera na Rayon Sports.
Iki kibazo ntikirabonerwa umuti, nubwo Perezida mushya wa FERWAFA, Shema Fabrice, yavuze ko kiri mu byo agiye gukemura n'ingonga agitorwa.
Dore ko nubwo shampiyona igeze ku munsi wa kane, hari ibyemezo by'imisifurire byafashwe bitavugwaho rumwe, ndetse hari n'amakipe nka Mukura yatangiye gusaba ibisobanuro ku byemezo yafatiwe mu mikino.
Iyi kipe y'i Huye bivugwa ko yandikiye FERWAFA iyisaba ibisobanuro bihagije ku byemezo by'imisifurire byafatiwe mu mukino w'umunsi wa kane yatsinzwemo na APR igitego 1-0, aho ivuga ko hari ibyemezo byafashwe bibogamye muri uwo mukino.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru, Afhamia Lotfi, ndetse n'umwungiriza we, Azzouz Lotfi.
...