Follow
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kubungabunga ibidukikije ya COP29 (Conference of the Parties of the UNFCCC), aho iri kubera mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan.
Byitezwe ko Perezida Kagame, wageze i Baku mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 12 Ugushyingo 2024, azagirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo na Perezida wa Azerbaijan, Ilham Heydar Aliyev.
Iyi nama y’iminsi ibiri izibanda ku ishoramari mu bidukikije, aho u Rwanda ruzerekana uko ruhagaze nk’igihugu kiteguye gushorwamo imari mu mishanga igamije kubungabunga ibidukikije.
Bimwe mu bindi u Rwanda ruzagaragaza muri iyi nama harimo intambwe igihugu cyateye mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no gukangurira amahanga kugana isoko rya ‘Carbone’ ry’u Rwanda.
U Rwanda rufite intego yo kugabanya 38% by’imyuka ihumanya ikirere bitarenze mu 2030, aho bizatwara asaga miliyari 11 z’amadolari y’Amerika kugira ngo bigerweho.
Photo: Iyi nama ya COP29, iri kubera i Baku muri Azerbaijan, yitabiriwe n'abaturutse mu bihugu bitandukanye.
Photo: Kagame ubwo yari ageze i Baku muri Azerbaijan, ahari kubera inama yiga ku kubungabunga ibidukikije.
Perezida Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bashya nk'uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyan...
Ingabire Marie Immaculée, wari Umuyobozi w’Umuryango Urwanya Ruswa n'Akarengane ‘Transparency International’ ishami ry'u Rwa...
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Israel n'umutwe wa Hamas bateye intambwe ya mbere mu bwu...
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda yo kubaka urubyiruko rufite ubushobozi bwo kwiteza imbere binyuze mu ishoramari, Ur...
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko ingengabitekerezo ya jenoside ari virusi mbi urubyiruko rukwiriye kwirinda, rukayikumi...