Follow
Karangwa Jules yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa w'urwego rushinzwe shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru mu Rwanda, Rwanda Premier League.
Uyu mugabo yari amaze imyaka itandatu akora mu Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), dore ko yarigezemo mu 2019.
Karangwa yakoze imirimo itandukanye muri FERWAFA, aho yabanje kuba Umujyanama mu by'Amategeko muri iri shyirahamwe, nyuma aza kugirwa Umuyobozi w'Amarushanwa.
Yabaye kandi Umunyabanga wa FERWAFA mu gihe cy'inzibacyuho, mbere y'uko agirwa Umujyanama mu bya Tekiniki, ari nazo nshingano yari afite kugeza ubu.
Uretse iyo mirimo yakoze muri FERWAFA, Karangwa akorera n'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika (CAF) nk'umukozi ushinzwe gutegura imikino yayo (General Match Coordinator).
Mbere yo kwerekeza muri FERWAFA, Karangwa yari umunyamakuru wa siporo, aho yakoze ku bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio Salus, Lemigo TV, na RadioTV10.
Karangwa azatangira inshingano ze muri Rwanda Premier League tariki 1 Nzeri 2025.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick ...