Follow
Umukinnyi wa Chelsea, Mykhailo Mudryk, yasanzwemo ibyongerambaraga mu mubiri bitemewe.
Ni nyuma y'ibipimo, bihoraho, byafashwe n'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Bwongereza (FA), aho byagaragaje ko mu nkari za Mudryk harimo ibyongerambaraga bitemewe.
Nkuko tubikesha The Athletic, Mudryk yasanzwemo 'meldonium' mu bipimo yafashwe avuye mu mikino y'ikipe y'igihugu ya Ukraine mu Ugushyingo.
Meldonium ni umuti ukoreshwa cyane n'abafite uburwayi bw'umutima. Ku bakinnyi, uyu muti ushobora kubafasha kutaruha vuba mu gihe bari mu bikorwa by'ingufu nk'imyitozo cyangwa umukino, ufasha kandi mu kuruhuka vuba nyuma yo gukoresha umubiri.
Uyu muti ukaba warashyizwe mu bitemewe n'urwego rushinzwe kurwanya ikoreshwa ry'imiti yongera imbaraga (WADA) mu 2016.
Mudryk w'imyaka 23 yatangaje ko atigeze anywa cyangwa ngo akoreshe ibyongerambaga ibyaribyo byose ku bushake, agaragaza ko we na Chelsea bagiye kwegera inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane icyateye iyo misemburo yasanzwe mu mubiri we.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yahishuye ko ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rya VAR rigiye kuzanwa muri shamp...
Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf, yasobanuye uko amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina muri sha...
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse abasifuzi batatu kubera amakosa y’imisifurire bakoze mu m...
Amakipe atatu, Al Hilal Omdurman, Al-Ahly Wad Madani, na Al Merrikh, yo muri Sudani ari mu biganiro na FERWAFA ndetse na Rwa...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanyomoje amakuru yavugaga ko abasifuzi babiri, Ngaboyisonga Patrick ...