Follow
Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Frank Torsten Spittler, ntabwo azatoza imikino ibiri Amavubi azakina na Sudani y'Epfo mu gushaka itike ya CHAN 2024 muri uku kwezi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryavuze ko uyu mutoza, ukomoka mu Budage, agiye gusubira iwabo mu biruhuko by’iminsi mikuru nkuko amasezerano ye abimwemerera.
Biteganyijwe ko Rwasamanzi Yves na Mulisa Jimmy, bamwungirije, ari bo bazatoza imikino ya Sudani y'Epfo, ubanza n'uwo kwishyura, itegerejwe tariki 22 na 28 Ukuboza 2024 mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CHAN 2024.
Torsten agiye kwerekeza mu biruhuko by'iminsi mikuru atarahabwa amasezerano mashya, dore ko ayo asanganywe azarangirana n'umwaka wa 2024.
Mu minsi ishize Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yabwiye itangazamakuru ko bari mu biganiro n’uyu mutoza byo kumwongerera amasezerano.
Torsten yagizwe umutoza mukuru w’Amavubi tariki 1 Ugushyingo 2023, ahabwa amasezerano y'umwaka umwe.
Photo: Frank Torsten Spittler agiye kwerekeza mu biruhuko by'iminsi mikuru atarahabwa amasezerano mashya.
Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru wayo, Robertinho, "kubera impamvu z'uburwayi," nk'uko byatangajwe n'iyi kipe mu ruke...
Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na Marines ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatand...
Munyakazi Sadate, wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020, yahishuye umugambi afite wo kugura iyi kipe agera kuri miliy...
Abafana ba Arsenal barenga 1000 baturutse mu bihugu 14 byo ku mugabane wa Afurika bagiye guhurira mu iserukiramuco rizabera ...
Chairman wa APR FC, Brig. Gen. Rusanganwa Deo, yagaragaje ko umutoza w’iyi kipe, Darko Novic, akoze impinduka mu mikinire, y...